Home › Surahs › Surah Adh-Dhaariyat
Surah Adh-Dhaariyat الذاريات
60 verses · Mecca · revelation order 67
بِسْمِ ٱللَّهِ ٱلرَّحْمَٰنِ ٱلرَّحِيمِ وَٱلذَّٰرِيَٰتِ ذَرْوًا
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ndahiye imiyaga ihuha cyane igatatanya (ibicu, ikazamura ivumbi, umusenyi n’ibindi).
See all translations of this verse →
فَٱلْحَٰمِلَٰتِ وِقْرًا
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association N’ibyikoreye imitwaro (ibicu biremereye bitwara imvura).
See all translations of this verse →
فَٱلْجَٰرِيَٰتِ يُسْرًا
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association N’ibigenda mu buryo bworoshye (amato agenda mu nyanja).
See all translations of this verse →
فَٱلْمُقَسِّمَٰتِ أَمْرًا
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association N’abashinzwe gukwirakwiza igeno (abamalayika).
See all translations of this verse →
إِنَّمَا تُوعَدُونَ لَصَادِقٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Mu by’ukuri ibyo musezeranywa (izuka n’ibindi bizaba ku munsi w’imperuka) ni impamo.
See all translations of this verse →
وَإِنَّ ٱلدِّينَ لَوَٰقِعٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kandi rwose, kuzagororerwa (cyangwa guhanwa ku bakoze ibibi) bizabaho nta kabuza.
See all translations of this verse →
وَٱلسَّمَآءِ ذَاتِ ٱلْحُبُكِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ndahiye ikirere kirimo amayira gikoze neza.
See all translations of this verse →
إِنَّكُمْ لَفِى قَوْلٍ مُّخْتَلِفٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Rwose mufite imvugo zitandukanye (ku byerekeye Intumwa Muhamadi ndetse n’iyi Qur’an).
See all translations of this verse →
يُؤْفَكُ عَنْهُ مَنْ أُفِكَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Uteshwa (gukurikira Qur’an n’Intumwa Muhamadi) ni uwateshejwe (gukurikira ukuri).
See all translations of this verse →
قُتِلَ ٱلْخَرَّٰصُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Abanyabinyoma baravumwe,
See all translations of this verse →
ٱلَّذِينَ هُمْ فِى غَمْرَةٍ سَاهُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ba bandi bari mu bujiji, barangaye,
See all translations of this verse →
يَسْـَٔلُونَ أَيَّانَ يَوْمُ ٱلدِّينِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Barabaza igihe umunsi w’ibihembo uzabera,
See all translations of this verse →
يَوْمَ هُمْ عَلَى ٱلنَّارِ يُفْتَنُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association (Uzaba ari) umunsi bazaba bari mu muriro bahanwa.
See all translations of this verse →
ذُوقُوا۟ فِتْنَتَكُمْ هَٰذَا ٱلَّذِى كُنتُم بِهِۦ تَسْتَعْجِلُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association (Bazabwirwa bati) “Ngaho nimwumve ibihano byanyu; ibi ni byo mwajyaga musaba ko byihutishwa.”
See all translations of this verse →
إِنَّ ٱلْمُتَّقِينَ فِى جَنَّٰتٍ وَعُيُونٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Mu by’ukuri abagandukira Allah bazaba bari mu busitani n’amariba (yo mu Ijuru),
See all translations of this verse →
ءَاخِذِينَ مَآ ءَاتَىٰهُمْ رَبُّهُمْ إِنَّهُمْ كَانُوا۟ قَبْلَ ذَٰلِكَ مُحْسِنِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Bakira ibyo Nyagasani wabo yabahaye. Mu by’ukuri mbere bari abakora ibyiza;
See all translations of this verse →
كَانُوا۟ قَلِيلًا مِّنَ ٱلَّيْلِ مَا يَهْجَعُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Bajyaga baryama gake mu ijoro (kubera ko babaga basali, basingiza Nyagasani wabo),
See all translations of this verse →
وَبِٱلْأَسْحَارِ هُمْ يَسْتَغْفِرُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu gicuku (mu rukerera babaga) basaba imbabazi (Allah),
See all translations of this verse →
وَفِىٓ أَمْوَٰلِهِمْ حَقٌّ لِّلسَّآئِلِ وَٱلْمَحْرُومِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu mitungo yabo, habagamo umugabane bagenera abakene basaba n’abihishira.
See all translations of this verse →
وَفِى ٱلْأَرْضِ ءَايَٰتٌ لِّلْمُوقِنِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No ku isi hari ibimenyetso ku bemera badashidikanya,
See all translations of this verse →
وَفِىٓ أَنفُسِكُمْ أَفَلَا تُبْصِرُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ndetse no muri mwe ubwanyu (ibyo bimenyetso birimo). Ese ntimubona?
See all translations of this verse →
وَفِى ٱلسَّمَآءِ رِزْقُكُمْ وَمَا تُوعَدُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu kirere hari amafunguro yanyu ndetse n’ibyo musezeranywa.
See all translations of this verse →
فَوَرَبِّ ٱلسَّمَآءِ وَٱلْأَرْضِ إِنَّهُۥ لَحَقٌّ مِّثْلَ مَآ أَنَّكُمْ تَنطِقُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’ikirere n’isi ko (ibyo musezeranywa) ari ukuri nko kuvuga kwanyu.
See all translations of this verse →
هَلْ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ضَيْفِ إِبْرَٰهِيمَ ٱلْمُكْرَمِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ese wamenye iby’inkuru y’abashyitsi ba Aburahamu b’abanyacyubahiro?
See all translations of this verse →
إِذْ دَخَلُوا۟ عَلَيْهِ فَقَالُوا۟ سَلَٰمًا قَالَ سَلَٰمٌ قَوْمٌ مُّنكَرُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ubwo binjiraga iwe bakavuga bati “mugire amahoro (salamu!)” Nuko akavuga ati “Salamu, bantu batazwi.”
See all translations of this verse →
فَرَاغَ إِلَىٰٓ أَهْلِهِۦ فَجَآءَ بِعِجْلٍ سَمِينٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko arinyabya asanga ab’iwe, azana inyana ibyibushye (inyama z’inyana yokeje).
See all translations of this verse →
فَقَرَّبَهُۥٓ إِلَيْهِمْ قَالَ أَلَا تَأْكُلُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Maze arazibegereza, (abonye batarambura amaboko ngo barye) aravuga ati “Ese nta bwo murya?”
See all translations of this verse →
فَأَوْجَسَ مِنْهُمْ خِيفَةً قَالُوا۟ لَا تَخَفْ وَبَشَّرُوهُ بِغُلَٰمٍ عَلِيمٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko arabishisha (abonye batariye). Baravuga bati “Humura!” Hanyuma bamuha inkuru nziza (yo kuzabyara umwana) w’umuhungu uzaba afite ubumenyi (ku bijyanye na Allah).
See all translations of this verse →
فَأَقْبَلَتِ ٱمْرَأَتُهُۥ فِى صَرَّةٍ فَصَكَّتْ وَجْهَهَا وَقَالَتْ عَجُوزٌ عَقِيمٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko umugore we aza yiyamira, akubita agashyi mu buranga bwe (atangara), aravuga ati “Umukecuru w’urubereri!”
See all translations of this verse →
قَالُوا۟ كَذَٰلِكِ قَالَ رَبُّكِ إِنَّهُۥ هُوَ ٱلْحَكِيمُ ٱلْعَلِيمُ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Baravuga bati “Uko ni ko Nyagasani wawe yavuze. Mu by’ukuri ni Nyirubugenge buhambaye, Umumenyi uhebuje.”
See all translations of this verse →
قَالَ فَمَا خَطْبُكُمْ أَيُّهَا ٱلْمُرْسَلُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association (Aburahamu) aravuga ati “None ni iki kibagenza yemwe mwa ntumwa mwe?”
See all translations of this verse →
قَالُوٓا۟ إِنَّآ أُرْسِلْنَآ إِلَىٰ قَوْمٍ مُّجْرِمِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Baravuga bati “Rwose twoherejwe ku bantu b’inkozi z’ibibi”,
See all translations of this verse →
لِنُرْسِلَ عَلَيْهِمْ حِجَارَةً مِّن طِينٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kugira ngo tubamanurireho amabuye y’ibumba (yacaniriwe).
See all translations of this verse →
مُّسَوَّمَةً عِندَ رَبِّكَ لِلْمُسْرِفِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association (Ayo mabuye) yashyizweho ibimenyetso kwa Nyagasani wawe, akaba ari igihano ku barengera (imbago za Allah).
See all translations of this verse →
فَأَخْرَجْنَا مَن كَانَ فِيهَا مِنَ ٱلْمُؤْمِنِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko abemeramana (bari mu mudugudu w’inkozi z’ibibi) tuwubakuramo (kugira ngo ibihano bitabageraho).
See all translations of this verse →
فَمَا وَجَدْنَا فِيهَا غَيْرَ بَيْتٍ مِّنَ ٱلْمُسْلِمِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ariko nta n’abo twasanzemo uretse inzu imwe y’Abayisilamu (urugo rw’Intumwa Loti).
See all translations of this verse →
وَتَرَكْنَا فِيهَآ ءَايَةً لِّلَّذِينَ يَخَافُونَ ٱلْعَذَابَ ٱلْأَلِيمَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko (nyuma yo kuwurimbura) tuwusigamo ikimenyetso ku batinya ibihano bibabaza.
See all translations of this verse →
وَفِى مُوسَىٰٓ إِذْ أَرْسَلْنَٰهُ إِلَىٰ فِرْعَوْنَ بِسُلْطَٰنٍ مُّبِينٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu nkuru ya Musa (harimo isomo), ubwo twamwoherezaga kwa Farawo tumuhaye ibimenyetso n’ububasha bigaragara.
See all translations of this verse →
فَتَوَلَّىٰ بِرُكْنِهِۦ وَقَالَ سَٰحِرٌ أَوْ مَجْنُونٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ariko Farawo yishingikirije ububasha yari afite, atera umugongo (yanga kwemera ubutumwa yari azaniwe), aravuga ati “Uyu ni umurozi cyangwa umusazi.”
See all translations of this verse →
فَأَخَذْنَٰهُ وَجُنُودَهُۥ فَنَبَذْنَٰهُمْ فِى ٱلْيَمِّ وَهُوَ مُلِيمٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nuko tumufatana n’ingabo ze maze tubajugunya mu nyanja kandi agayitse (kubera ibikorwa bye by’ubuhakanyi).
See all translations of this verse →
وَفِى عَادٍ إِذْ أَرْسَلْنَا عَلَيْهِمُ ٱلرِّيحَ ٱلْعَقِيمَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu nkuru y’aba Adi (harimo isomo), ubwo twabohererezaga umuyaga ugumbahaye (udafite icyiza na kimwe, usenya nta cyo usize),
See all translations of this verse →
مَا تَذَرُ مِن شَىْءٍ أَتَتْ عَلَيْهِ إِلَّا جَعَلَتْهُ كَٱلرَّمِيمِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Nta cyo wasigaga mu byo wahuraga na byo utakigize umuyonga.
See all translations of this verse →
وَفِى ثَمُودَ إِذْ قِيلَ لَهُمْ تَمَتَّعُوا۟ حَتَّىٰ حِينٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No mu nkuru y’aba Thamudu (harimo isomo) ubwo babwirwaga bati “Nimwishimishe by’igihe gito.”
See all translations of this verse →
فَعَتَوْا۟ عَنْ أَمْرِ رَبِّهِمْ فَأَخَذَتْهُمُ ٱلصَّٰعِقَةُ وَهُمْ يَنظُرُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ariko bigometse ku itegeko rya Nyagasani wabo, maze bakubitwa n’ikibatsi cy’umuriro w’inkuba bareba.
See all translations of this verse →
فَمَا ٱسْتَطَٰعُوا۟ مِن قِيَامٍ وَمَا كَانُوا۟ مُنتَصِرِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ntibashoboraga guhaguruka (ngo bahunge) cyangwa ngo bitabare.
See all translations of this verse →
وَقَوْمَ نُوحٍ مِّن قَبْلُ إِنَّهُمْ كَانُوا۟ قَوْمًا فَٰسِقِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association N’abantu ba Nuhu (ni uko twabagenje) mbere. Mu by’ukuri bari abantu b’ibyigomeke.
See all translations of this verse →
وَٱلسَّمَآءَ بَنَيْنَٰهَا بِأَيْي۟دٍ وَإِنَّا لَمُوسِعُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kandi ikirere twacyubakanye imbaraga, kandi mu by’ukuri nitwe tucyagura.
See all translations of this verse →
وَٱلْأَرْضَ فَرَشْنَٰهَا فَنِعْمَ ٱلْمَٰهِدُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association N’isi twarayishashe; kandi ni twe dusasa neza!
See all translations of this verse →
وَمِن كُلِّ شَىْءٍ خَلَقْنَا زَوْجَيْنِ لَعَلَّكُمْ تَذَكَّرُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association No muri buri kintu twaremyemo amoko abiri (ikigabo n’ikigore, iburyo n’ibumoso, hasi no hejuru,…) kugira ngo mwibuke (ubushobozi bwa Allah).
See all translations of this verse →
فَفِرُّوٓا۟ إِلَى ٱللَّهِ إِنِّى لَكُم مِّنْهُ نَذِيرٌ مُّبِينٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Bityo, nimuhungire kwa Allah. Mu by’ukuri njye (Muhamadi) ndi umuburizi wanyu ugaragara umuturutseho.
See all translations of this verse →
وَلَا تَجْعَلُوا۟ مَعَ ٱللَّهِ إِلَٰهًا ءَاخَرَ إِنِّى لَكُم مِّنْهُ نَذِيرٌ مُّبِينٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kandi ntimuzabangikanye Allah n’ikigirwamana icyo ari cyo cyose. Mu by’ukuri njye (Muhamadi) ndi umuburizi wanyu ugaragara umuturutseho.
See all translations of this verse →
كَذَٰلِكَ مَآ أَتَى ٱلَّذِينَ مِن قَبْلِهِم مِّن رَّسُولٍ إِلَّا قَالُوا۟ سَاحِرٌ أَوْ مَجْنُونٌ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ni nk’uko, nta ntumwa n’imwe yageze ku babayeho mbere yabo ngo babure kuvuga bati “Ni umurozi cyangwa umusazi!”
See all translations of this verse →
أَتَوَاصَوْا۟ بِهِۦ بَلْ هُمْ قَوْمٌ طَاغُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ese (imvugo nk’izi) barazihererekanyaga? (Oya, si uko bimeze), ahubwo bose bari abantu barengera (imbibi za Allah).
See all translations of this verse →
فَتَوَلَّ عَنْهُمْ فَمَآ أَنتَ بِمَلُومٍ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Bityo (yewe Muhamadi) birengagize kandi ntuzabigayirwa (kuko wamaze gusohoza ubutumwa).
See all translations of this verse →
وَذَكِّرْ فَإِنَّ ٱلذِّكْرَىٰ تَنفَعُ ٱلْمُؤْمِنِينَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Unibutse kuko mu by’ukuri urwibutso rugirira akamaro abemeramana.
See all translations of this verse →
وَمَا خَلَقْتُ ٱلْجِنَّ وَٱلْإِنسَ إِلَّا لِيَعْبُدُونِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kandi nta kindi naremeye amajini n’abantu bitari ukugira ngo bangaragire.
See all translations of this verse →
مَآ أُرِيدُ مِنْهُم مِّن رِّزْقٍ وَمَآ أُرِيدُ أَن يُطْعِمُونِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Simbakeneyeho amafunguro, ndetse nta n’ubwo mbakeneyeho ko bangaburira.
See all translations of this verse →
إِنَّ ٱللَّهَ هُوَ ٱلرَّزَّاقُ ذُو ٱلْقُوَّةِ ٱلْمَتِينُ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Mu by’ukuri Allah ni We Utanga amafunguro, Nyirimbaraga, Ukomeye bihebuje.
See all translations of this verse →
فَإِنَّ لِلَّذِينَ ظَلَمُوا۟ ذَنُوبًا مِّثْلَ ذَنُوبِ أَصْحَٰبِهِمْ فَلَا يَسْتَعْجِلُونِ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Kandi rwose abakora ibibi bazagira umugabane (w’ibihano) umeze nk’umugabane wa bagenzi babo (abababanjirije); bityo, bareke kunsaba kwihutisha (kubahana).
See all translations of this verse →
فَوَيْلٌ لِّلَّذِينَ كَفَرُوا۟ مِن يَوْمِهِمُ ٱلَّذِى يُوعَدُونَ
Kinyarwanda Translation - Rwanda Muslim Association Ibihano bikomeye bizaba kuri ba bandi bahakanye bitewe n’umunsi basezeranyijwe.
See all translations of this verse →
← Surah Qaaf
Surah At-Tur →
Looking for a topic? Try the meaning search — your question is scanned across all 6,236 verses.
→
Arabic text and translations via Tanzil and QuranEnc — verbatim, unmodified · Translations belong to their translators and are not the Qur'an itself
This is a research aid, not a source of religious rulings.